Color LogoLoading...

🌍 Feed

✍🏿 Compose

Emmanuella

Emmanuella Giramata

posted on Aug 3, 2021

RWANDA: Ikoranabuhanga, Isoko y' iterambere rya Serivise zinoze mu bigo by' Imari.

#banking
Mu Rwanda abagera kuri 46% bafite imyaka y' ubukure kandi bakorana n' ibigo by' imari bagerwaho na service z' ikoranabuhanga rya Digital Financial Services(DFS). Muri abo, 15% ni bo bakoresha DFS.

Ikoranabunga ni ingenzi mu buzima bwa buri munsi bw’ abanyagihugu. Ryihutisha serivisi kandi n’ ibikorwa by’ ingenzi bigakorwa neza mu gihe gito. Mu nzego zose z’ igihugu biba bisaba ko ikoranabuhanga ryitabwaho kugirango igihugu kitagira icyiciro gisiga inyuma. u Rwanda ni kimwe mu bihugu bya Afurika bikoresha ikoranabuhanga nk’inkingi ikomeye  mu kwihutisha iterambere.

Mu mwaka wa 2010 ni bwo sosiyete y' itumanaho ya MTN yatangije uburyo bwo kohereza no kwakira amafaranga hifashishijwe uburyo bw' ikoranabuhanga bwa Mobile Money. Ni mu gihe sosiyete ya Tigo na Airtel zo zatangije ubu buryo hagati ya 2011na 2013. Aha niho twavuga ko habaye inkomoko ya Digital Financial Services (DFS).

DFS ni uburyo bw' ikoranabuhanga bwifashishwa, umuntu cyangwa ikigo runaka yohereza cyangwa yakira amafaranga, abitsa cyangwa abikuza, yishyura ibicuruzwa cyangwa serivisi hakoreshejwe telefone, mudasobwa, ATM,POS….

Muri 2012, Banki nkuru y' u Rwanda BNR yagaragaje ko urwego rw'imari rwo mu Rwanda  rwari rufite  72% by'abantu bafite imyaka y' ubukure. Muri bo, 42% bakoranaga n' ibigo by' imari byemewe. 23% bakoranaga na banki z'ubucuruzi, 33% bakoranaga n'ibigo byemewe bitari  banki, 58 % bakoreshaga uburyo bwimari butemewe aribwo buzwi nk’amashyirahamwe (ibimina) yo kuzigama no kugurizanya.

Muri 2016, abarenga 65% bakoze ibikorwa byabo bifashishije uburyo bw' ikoranabuhanga bwa Digital Financial Services. Muri uwo mwaka;

  • Amafaranga yakiriwe hifashishijwe  uburyo  bwa DFS ni 58%
  • Ayishyuwe hakoreshejwe DFS ni  56%
  • Kubitsa hakoreshejwe DFS byari kuri 41%
  • Inguzanyo yatswe hifashishijwe DFS yari ku kigero cya 8 %
  • Abishyuye ibicuruzwa bakoresheje DFS binyuze kuri konti ya mobile money bari 85%
  • Abishyuye bakoresheje konti ya banki muri DFS muri 2016 bari 57%

Kuri ubu, mu Rwanda  abagera kuri 46% by' abafite imyaka y' ubukure bagera kuri serivisi zimari ya DFS ibafasha mu kwishyura ibicuruzwa na serivise zitandukanye. Gusa ntabwo abo bose ariko bitabira kuyikoresha kuko abagera kuri 15% ari bo bakoresha ubu buryo bwa DFS.

Muri 2019 mu kiganiro  minisitiri w’intebe Dr Eduard NGIRENTE yagezaga  ku nteko Ishinga amategeko imitwe yombi, yavuze ko guherekanya amafaranga hifashishijwe ikoranabuhanga ritandukanye byari mu byagezweho muri uwo mwaka  aho ibyuma byifashishwa mu gukura cyangwa gushyira amafarnga kuri konti bizwi nka Automatic Teller Machine (ATM) byari

  • 229 muri 2012
  • 383 muri 2018

Amafaranga yanyujijwe muri ATM yari

  • Miliyari 180 muri 2012
  • Miliyari 529 muri 2018

Utumashini tuzwi nka  POS (Point Of Sale) umubare w’atwo wari :

  • 556 muri 2012
  • 2801 muri 2018

Amafaranga yanyujijwe kuri POS: Miliyari 9 muri 2012 , Miliyari 85 muri 2018.  Uburyo bwa Mobile money na Airtel Money mu rwanda  (Mutarama-Kamena) 2012, amafaranga yahererekanyijwe yari Miliyoni 300 mu gihe  Amafranga yahererekanyijwe muri 2018 (Mutarama-Kamena) yari Miliyari 2,058.

Kuri ubu, ikoranabuhanga rirakataje aho hagenda haboneka ubundi buryo bwo kwishyura  bukoreshwa mu bigo by’imari bitandukanye nka  RTGS'(  Real Time Gross )Settlement, ACH (Automated Mobile banking, Payment card, Mobile payment, Internet banking).

Abakiriya bagana ibigo by' imari bishimira uburyo ikoranabuhanga ryabafashije cyane cyane muri ibi bihe bitoroshye u Rwanda ndetse n' Isi muri rusange byugarijwe na covid-19.

MUREKATETE  JACQUELINE utuye mu karere ka Gasabo mu murenge wa Kacyiru aganira na wazoplus yavuze ko ikoranabuhanga rimufasha cyane by' umwihariko muri ibi bihe u Rwanda ruhanganye no gukumira ubwandu bw' icyorezo cya Covid-19.  Ati:"Ikoranabuhanga riramfasha cyane kuko rindinda kwirirwa ntonze umurongo kuri banki  ngo mbone serivise zo kubitsa cyangwa se kubikuza, nifashisha  online banking kandi nkoresha ATM  ya banki nkorana nayo ya BK, kujya guhaha, kwishyurira abana  ishuri, umuriro nishyura nkoresheje telephone, kandi nkaba nizeye umutekano w’amafaranga yanjye".

Uretse abakiriya bagana ibyo bigo, uburyo bw’ikoranabuhanga bufasha  na za banki kuko byoroshya akazi bikongera  inyungu biturutse ku kuba banki biyigabanyiriza igiciro cy’ibyo yatakazaga.

Mu rwego rwo gushishikariza Abaturarwanda gukoresha ikoranabuhanga mu kwishyurana, Banki Nkuru y’u Rwanda yakoranye n’ibigo bitanga serivisi z’imari hakurwaho ikiguzi kuri bumwe mu buryo bwo kwishyurana hakoreshejwe ikoranabuhanga. Ibi byatumye igipimo cy’ubwishyu buto buto hakoreshejwe ikoranabuhanga kizamuka kigera kuri 54 % by’umusaruro mbumbe w’igihugu mu mpera za Kamena 2020, kivuye kuri 34.6 % mu mpera za Kamena 2019. Iki ni ikimenyetso cyerekana ko  u Rwanda ruzesa imihigo rwihaye, ko kwishyura hakoreshejwe ikoranabuhanga bizaba bigeze ku kigero cya 80% muri 2024.

Urwego rw'imari mu Rwanda rugizwe n'amabanki 9 y'ubucuruzi, amabanki 4 y' imari iciriritse, Micro Finance Institution (MFI) 491 (harimo SACCOs n' izindi MFIs) . Iyo witegereje usanga igice kinini cya banki z' ubucuruzi kitarinjira  mu cyaro, ndetse ahanini  amashami y' ubucuruzi n’imari iciriritse usanga aherereye muri Kigali no hafi yayo.

Top comments(0)

SEND

You may like this too...

TechCabal

Kobo360, the logistics powerhouse backed by Goldman Sachs, is rolling out HaulSight—an innovative fleet management software designed to help Africa’s major manufacturers streamline operations, track vehicles, and cut costs in real-time. With rising fuel prices squeezing margins, HaulSight presents an efficient way for companies like Dangote and Unilever to maximize fleet potential. Will this be a game-changer for Africa's logistics industry?
Nov 11, 2024

Disrupt-Africa

Chumz, a Kenyan fintech that enables users to set savings goals with mobile money, has reached 200,000 users and is testing its services in Rwanda. With unique prompts encouraging behavior-based saving, Chumz empowers users with accessible financial tools. Expansion plans target 1 million users across East Africa by 2026.
Nov 6, 2024

Bird Story Agency

As more and more services move online across Africa, giant players like Safaricom, MTN and Airtel are stepping up their efforts to provide Africa with large, green-energy data centres.
Nov 4, 2024

Bird Story Agency

Africa's Gen Zs, promised opportunity, innovation and new technology but faced with the very real world of a workplace in flux, constrained labour markets, high inflation and increasing criticism of their work ethic, are finding very little to cheer about. So a growing number of African universities are stepping in, hoping to bridge the gap between academic qualifications and real-world demands.
Nov 3, 2024

TechCabal

🌍 Access Bank secures the green light to acquire Kenya's National Bank, expanding its reach across East Africa’s largest economy. With an estimated $100 million deal, Access Bank will increase its footprint to 77 branches across 28 counties. Here’s what this move means for Kenya’s banking sector! 💸
Oct 31, 2024

Disrupt-Africa

Nigerian fintech leader Moniepoint has secured $110 million in Series C funding to supercharge its digital banking platform for businesses across Africa. With a track record of innovation and impact, Moniepoint is poised to transform financial access on the continent, bringing seamless banking, payments, and credit services to millions.
Oct 29, 2024

TechCabal

Stanbic Bank Kenya has completed a major upgrade of its core banking software, aiming for enhanced security and improved user experience. Despite brief service disruptions, the bank’s transition to the latest technology signals a drive for modernized banking in a competitive market.
Oct 27, 2024

TechCabal

Kenya is set to revolutionize its financial landscape with the introduction of a new Fast Payment System (FPS). This cutting-edge platform will ensure seamless transactions between banks and fintechs, eliminating existing barriers. The FPS promises to enhance accessibility, making financial services more convenient for all Kenyans.
Oct 18, 2024

TechCrunch

🌍 From humble beginnings in Africa, InstaDeep has grown into a global AI powerhouse. In just over a year under BioNTech’s umbrella, the startup continues to drive innovation in biotech and beyond. CEO Karim Beguir reveals how InstaDeep’s cutting-edge AI is revolutionizing healthcare and industrial optimization alike.
Oct 15, 2024

TechCabal

M-KOPA, a Kenyan fintech giant known for financing solar systems and smartphones, has appointed former Nokia CEO Rajeev Suri as its new board chair. As the company gears up for rapid expansion, Suri's leadership is set to guide M-KOPA into a new era of growth and innovation. With over 5 million users across Africa, M-KOPA is reshaping digital and financial inclusion.
Oct 14, 2024
Home
Business Hub
Market Hub
You
By signing up you agree to ourTerms|About us|Market Hub|Business Hub|Deals Hub