Color LogoLoading...

🌍 Feed

✍🏿 Compose

Alain

Alain Hakizayezu

posted on Sep 8, 2021

Rwanda: Uruhare rw’ imwe mu miryango mpuzamahanga mu gufasha u Rwanda kuzahura ubukungu bwashegeshwe na COVID-19

#development
#economy
Uhereye mu kwezi kwa Kane kwa 2020, Banki y' Isi ifatanyije n' indi miryango mpuzamahanga bafashe iya mbere mu gufasha u Rwanda kuzahura ubukungu bwahungabanyijwe n' icyorezo cya Covid-19.

Imiryango mpuzamahanga ni igisubizo k’ ubukungu mu gihe cya COVID-19 (Ifoto: www.undp.org)

Umwaka wa 2020 wabaye umwaka udasanzwe mu kinyejana cya 21 bitewe n’ icyorezo cya COVID-19 cyahungabanije imibereho n’ ubukungu bw' abatuye Isi, harimo n’ u Rwanda. Ibi byatumye wazoplus.com isubiza amaso inyuma ikusanya amakuru yerekeranye n' uruhare rw’ imwe mu miryango mpuzamahanga mu kuzahura ubukungu bw’ u Rwanda bwasubiye inyuma bitewe n’ icyorezo cya COVID-19.

Banki y'Isi itangaza ko umusaruro mbumbe w’imbere mu gihugu (Gross Domestic Product/ GDP) cy'u Rwanda wagabanutseho 0.2% muri 2020, ugereranije n’ inyongera ya 8% yari iteganyijwe muri uwo mwaka mbere yuko icyorezo cya COVID-19 cyaduka. Iri hungabana ry’ubukungu ryagize ingaruka mbi cyane ku ngo, kubera ko abantu ibihumbi n’ibihumbi babuze imirimo, ibyo abaturage binjiza biragabanuka ndetse n’ibiciro by’ibicuruzwa ku isoko birazamuka. Ibi byatumye banki y' Isi n' indi miryango mpuzamahanga bafata iyambere mu kugoboka ibihugu bimwe naa bimwe byari bigowe no kuzahura ubukungu bwabyo n' u Rwanda rurimo.

Ku ikubitiro, mu kwezi kwa kane 2020,

  • Banki y’isi ibinyujije mu kigega cy’ iterambere mpuzamahanga (International Development Association/ IDA) yageneye u Rwanda inguzanyo ya miliyoni 14.25 z’ amadolari y’ Amerika mu rwego rwo guhangana n’ ikwirakwira rya COVID-19 mu gihugu.
  • Tariki 14 Kamena 2021, Banki y'Isi yemeje inguzanyo ya miliyoni 150 z’amadolari binyuze muri IDA kugira ngo ifashe Guverinoma y’u Rwanda kuzahura ishoramari no gushyigikira ubucuruzi bwahungabanyijwe na COVID-19.

Mu rwego rwo guhangana n’ icyorezo cya COVID-19 mu buvuzi,

  • Ikigega mpuzamahanga cy’ imari (International Monetary Fund/IMF) cyahaye u Rwanda inguzanyo ingana na miliyoni 220.46 z'amadolari y'Amerika.
  • Tariki 27 Gicurasi 2021, Guverinoma y’ u Rwanda n’ikigo cy’Ubufaransa gishinzwe iterambere (Agence Française de Développement/AFD) bashyize umukono ku masezerano y’inguzanyo angana na miliyoni 60 z'amayero azifashishwa mu rwego rw’ ubuzima hagurwa inkingo no kuzikwirakwiza.
  • Tariki 24 Kamena 2021, Inama ya Banki y’ishoramari ry’ibikorwa remezo muri Aziya (Asian Infrastructure Investment Bank/ AIIB), yemeje inkunga ingana na miliyoni 100 z’amadolari y’Amerika nazo zo gushyigikira gahunda ya Guverinoma y’ u Rwanda yo kuzahura ubukungu mu gihe cya COVID-19.

Ministeri y’ imari n’ igenamigambi (MINECOFIN) itangaza ko Guverinoma y’u Rwanda n’Umuryango w’ubumwe bw’ibihugu by’Uburayi (European Union) bashyize umukono ku masezerano y’inguzanyo ingana na miliyoni 52.87 z’ amayero yo kuzahura ubukungu n’ imibereho myiza ku imiryango 630,000 ikeneye ubufasha kurusha indi mu gihe cy’icyorezo cya COVID-19.

Usibye iyi nkunga, Umuryango w'ubumwe bw’ibihugu by’Uburayi wateye inkunga amashyirahamwe y’imiryango itegamiye kuri Leta ingana na miliyoni 1.8 z’ amayero kuko iyi miryango ikorana cyane n’ubuyobozi bw’inzego z’ibanze ku gisubizo cy’imibereho y’abaturage bagizweho ingaruka na COVID-19 mu Rwanda.

  • UNICEF yatanze inkunga y’ ibikoresho bya miliyoni 1 y’ amadolari y’ amerika mu rwego rwo gutera inkunga Guverinoma y'u Rwanda mu kuzamura ireme ry'ubuvuzi ku bana bakivuka, no guhangana na COVID-19.
  • Ikigo mpuzamahanga gishinzwe imari (International Finance Corporation/IFC), umwe mu banyamuryango b’itsinda rya Banki y'Isi cyahaye I&M Bank Plc ishami ry’u Rwanda inguzanyo ingana na miliyoni 10 z'amadolari y’ Amerika mu rwego rwo kongera inguzanyo yo kuzahura ubukungu bwashegeshwe na COVID-19 mu bigo by’ ubucuruzi bito n’ ibiciriritse.

Raporo ya banki y’ isi ivuga ko Guverinoma y'u Rwanda yashatse igisubizo cyihuse kuri COVID-19, aho hashyizweho gahunda yo kuzahura ubukungu igera kuri miliyoni 900 z'amadolari y'Amerika mu myaka ibiri y'ingengo y'imari ya 2019/20 na 2020/2021. Mu kuzahura ubukungu, ibice by’ ingenzi byibandwaho ni urwego rw’ ubuzima, imibereho myiza, uburezi, ishoramari, n’ ikoranamuhanga.

Top comments(0)

SEND

You may like this too...

Bird Story Agency

Despite a dip in overall funding levels, the continent is witnessing a marked increase in the number of ventures securing $1 million or more.
Apr 10, 2024

Bird Story Agency

Mozambique doubles down on growth with Africa's first dual benchmark rate cuts in 2024 as currencies across the continent score gains against the greenback.
Apr 5, 2024

Bird Story Agency

From ranking as the world’s worst-performing currencies in 2023, the Kenyan shilling and Nigerian naira have made significant progress. They are now among the best-performing currencies in the world for 2024, raising hopes for a lower cost of living in these countries.
Apr 2, 2024

Benjamindada

Explore how Leatherback's collaboration with YES BANK is revolutionizing remittances by enabling seamless Indian Rupee transfers worldwide, fostering economic growth and cultural exchange between India and Africa.
Mar 26, 2024

TechCabal

Access Bank's acquisition of National Bank of Kenya (NBK) marks a significant move in its East Africa expansion strategy, valued at around $100 million, pending regulatory approval. 📈💰
Mar 21, 2024

TechCabal

Nigeria's Access Bank strengthens its presence in Kenya with the acquisition of the National Bank of Kenya from KCB Group, marking its second Kenyan acquisition in recent years. 🌍💼
Mar 20, 2024

TechCabal

Nigeria's Securities and Exchange Commission (SEC) proposes a substantial increase in the minimum paid-up capital for virtual asset service providers (VASPs) to ₦1 billion, aiming to reshape the crypto landscape.
Mar 18, 2024

TechCabal

Chipper Cash, a prominent fintech company, announces layoffs and salary cuts after suspending its services in the US, highlighting a strategic shift towards focusing on its African markets.
Mar 16, 2024

TechCabal

Despite economic challenges fueled by hyperinflation and sanctions, Zimbabwean startups are resilient and forging ahead. Learn how they navigate funding constraints, access markets beyond borders, and embrace alternative financial technologies.
Mar 15, 2024

Bird Story Agency

Nongcebo Langa fell in love with wine after a chance encounter with a winemaker at a fair. She went on to study the craft at South Africa’s renowned Stellenbosch University and her passion and mastery of the industry’s technical processes has resulted in her creating award-winning wines, like the 2022 Delheim Gewürztraminer.
Mar 12, 2024
Home
Business Hub
Market Hub
You
By signing up you agree to ourTerms|About us|Market Hub|Business Hub|Deals Hub